jeudi 26 juillet 2012

INGABO ZA CONGO KINSHASA ZIRATUNGWA AGATOKI KU BWICANYI BUKORERWA ABAKONGOMANI BAVUGA URURIMI RW’IKINYARWANDA INGABO ZA LONI ZIREBERA


Nyuma yaho imirwano yadukiye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bakomeje kwicwa n’ingabo za Congo FRDC naho ingabo z’umuryango wabibumbye “MONUSCO”zirebera kandi zivuga ko zagiye kubungabunga amahoro muri iki gihugu, aba banyekongo bakaba bakomeje kuzamaganira kure bavuga ko ntacyo zibamariye.

Mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa hashize amezi hafi atatu ingabo zahoze ar’iza CNDP zigumuye zivuga ko leta ya Congo itigeze yubahiriza amasezerano bagiranye nibwo havutse umutwe w’inyeshyamba witwa M23 umutwe wiganjemo ubwoko bwa bagogwe ,abanyejomba,na bamwe mu bahutu bahoze mu PARECO aba bose bakaba ahanini batuye muri Masisi,Rutshuru muri Kivu ya majyaruguru.nyamara nubwo bamwe baremye uyu mutwe hari nabasigaye muri leta aho usanga babiri bavuka ku mubyeyi umwe umwe akaba muri M23 undi mu ngabo za leta,abavuga ikinyarwanda bo mu ngabo za leta kubera ko nta jambo bafite ntacyo bakora kugira ngo benewabo badakomeza kwicwa.

Ni muri urwo rwego  zimwe  mu mpunzi ziri mu nkambi ya Nkamira zagiranye ikiganiro n’ikinyamakuru  Impamo,uwitwa Uwimana Wivine yavuze ko hari abantu benshi bamaze kwicwa n’abasirikari ba Congo ahitwa Irumbishi muri Masisi hishwe abantu 20 naho mugisuma naho hari umugabo baherutse kwica witwa Adiriyani nawe yishwe n’abasirikari ba leta ndetse hari nabaheze muri za gereza baburiwe irengero  kugeza kuri ubu hari nababuze uko bahunga bahejejwe aho batuye dufite na bamwe bahohotewe,bakaba baranafashwe ku ngufu bari hano mu nkambi ibi bikaba bimaze kuturenga twifuje kumenya abafashwe ku ngufu uyu ni uwitwa Muhawe Karasanyi waduhye ubuhamya bw’uburyo yasambanyijwe n’abasirikari ba leta banica umugabo we ngo kuko yashatse umututsikazi yabivuze muri aya magambo akurikira”ubwo akavuyo katangiraga babwiye umugabo wanjye ko agomba kunyica kuko nd’umututsikazi aranga maze bahita bamwica dore ko nawe yari umusirikari yitwaga Kinuni Baweri nanjye bahita bamfata bankorera ibyamfura mbi bantera n’ibyuma mu mbavu abagiraneza nibo bamfashe banjyana kwa muganga naho bahoraga baza kunshaka kugira ngo banyice” ibi bikaba byarabereye ahitwa Imushaki.aha hakaba hari n’ikigo cy’ingabo zabibumbye izi mpunzi zatungaga agatoki ko bagize uruhare mu iyicwa rya bamwe kuko bagiye babahungiraho bakabirukana ngo nibo bateza intambara uwo bahaye ubuhungiro nubemereye ko ari buryamane nabo.

 Izi mpunzi zikaba zisaba umuryango wabibumbye UN kubafasha bagasubirayo kuzana imitungo yabo basize kuko yandagaye ku misozi iribwa nubonetse wese,aba banyekongo bavuga ururimi rwikinyarwanda bakaba ahanini bari aborozi b’inka mu nzuri za masisi,Rutshuru nahandi.
Kuri ubu haribazwa uko bizagenda mugihe ubwicanyi bukomeje gukorerwa abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda  ingabo z’umuryango wa bibumbye zirebera kuko atari ubwa mbere bibaye mu mwaka w’ 1994 abatutsi berenga miliyoni barishwe ntacyakozwe n’izi ngabo kandi zarahoze mu gihugu hafi ya hose, uretse ko batabawe n’ingabo zahoze ari iz’umuryango wa FPR/inkotanyi ese aba  abanyekongo bo bazatabarwa nande?Monusco se? bicwa barebera cyangwa bazategereza M23 ifate kivu y’amajyaruguru reka tubihange amaso.
                                                                    Maisha Patrick

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire