jeudi 26 juillet 2012

IKAMYO YARITWAYE LITIRO 40.000 ZA ESSANCE YAHIYE IRAKONGOKA


Imodoka y’ikamyo yari twaye essance litiro 40.000 yahiye irakongoka  ubwo yageraga muri  1km  kugira ngo ugere mu mugi wa Gisenyi mu murenge wa Rugerero,iyi modoka  ikaba yavaga mu gihugu  cya tanzania yerekeza  mu mugi wa Goma .

Imodoka yikamyo itwara  essance ifite plaque  T986BWW  yahiye irakongoka mu murenge wa Rugerero akarere ka Rubavu,ibi byabaye mu gihe cya saa 10h30  z’amugitondo ubwo yavaga muri Tanzania  yerekeza mu mugi wa Goma muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo iyi modoka ikaba yari itwaye  essance ingana na 40,000l zihwanye n’amafaranga y’uRwanda miliyoni 400.000.000frws  iyi modoka ikaba ari iya  kompanyi yitwaA3  umushoferi war’utwaye iyi modoka witwa Ramadhan Saidi Pazi akaba yavuze ko  yaravuye mu mugi wa  Dar salam akomeza avuga ko ubwo yageraga kuri centre yegereye aho ibi byabereye yabonye umuriro utangiye kuzamuka maze ageragaza kuyijyana ahatari amazu nibwo yavuyemo yiruka  ajya guhagarika imodoka zagendaga mu muhanda kugira ngo zidahura niyo nkongi y’umuriro akaba yavuze ko akeka ko ari amasinga ya bateri yakozanyijeho maze bibyara impanuka.

 Cyakora mu gihe kitarambiranye ingabo na Polisi bahise batabara bakoresheje imodoka izimya umuriro bagerageza kuyizimya naho abagenzi bajyaga hirya no hino bamaze amasaha agera kuri abiri bahagaze babuze aho banyura.

 Abantu benshi babonye iyi nkongi y’umuriro bakaba bashima Imana kuba itahiriye mu mazu kuko yari kumara abantu ndetse hakangirika n’ ibintu byinshi nkuko bitangazwa n’ umwe muri bo witwa Mupenzi Shafi.
Nkuko bitangazwa n’uyu mushoferi avugako nta kintu na kimwe yakuye muri iyi modoka yaba ibyangombwa .
                                             Maisha Patrick

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire