jeudi 26 juillet 2012

Imikorere ya Banki ya Kigali iranengwa na bamwe bayigana


Bamwe mu bakiriya ba Banki ya Kigali baranenga imikorere yayo  cyane service banenga n’uburyo bukoreshwa uturere nibindi bigo byishyura abatsindiye amasoko binyuze muri Banki nkuru y’uRwanda kugira ngo hakurweho imisoro hanyuma akoherezwa kuri konti ya rwiyemezamirimo ku buryo bamara ukwezi kurenga nta mafaranga barabona kuri konti zabo bakibaza niba ayo mafaranga aho aba yagiye bikayoberana.

Nyuma yo kuganira na bamwe mu bakiliya ba Banki ya Kigali ishami rya Rubavu  badutangarije ko barambiwe imikorere idahwitse yiyi Banki aho bamara igihe kinini barohererejwe amafaranga kuri konti ariko hagashira igihe kirenga ukwezi nta uraca iryera ayo mafaranga uwitwa Dusabimana Emmanuel umuhuzabikorwa wa Vision jeunesse nouvelle yagize ati”birababaje kubona umuntu amara igihe cyukwezi atishyurwa kuko natwe byatubayeho kuko unicef hari amafaranga yari itubereyemo umwenda twamaze ukwezi twiruka nyuma y’ukwezi nibwo ayo mafaranga yabonetse nyamara twabaza  BNR  bakatwereka aho bayohereje twagera muri BK bati nta mafaranga aragera kuri konti ibyo bikatuyobera icyo ayo mafaranga bayamaza.”si uyu Emanuel gusa kuko hari nabandi bakomeje kuvuga ko iyi serivisi batayikorerwa neza ngo kuko amafaranga atinda mu turere  yagera no muri BK agatinda kuboneka ugasanga ibyo yakagombye gukora byangirika.

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bubivugaho twegera
Ibi biri kuba mugihe Guverinema y’uRwanda ikomeje gushishikariza Abanyarwanda gutanga serivise nziza haba mu Banyarwanda ndetse n’Abanyamahanga baza babagana.
                                           Maisha Patrick

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire