jeudi 26 juillet 2012

Abagenzi baturuka mu karere ka Rubavu baratabaza


Kubera ikibazo cya agence ya Kigali Safaris yahagaritse ingendo zayo bitewe n’igihombo yagize abagenzi bakorera ingendo mu karere ka Rubavu  berekeza hirya no hino mu gihugu bakomeje guhura n’ibibazo byo kubura amamodoka abajyana aho bakeneye kujya.

Mu mugi wa Gisenyi hashize iminsi bafite ikibazo cyibura z’imodoka, impamvu  yibura ry’imodoka nuko imwe muri Agence ya Kigali Safaris yafunze kubera igihombo yagize. kuri uyu wambere  twageze  muri Gare ya Gisenyi dusanga abagenzi berekeza ikigili abenshi babuze imodoka zibatwara kuko Agence zose zari zuzuye abagenzi, na bisi za KBC zo zanajyanaga abantu bahagaze kubera kubura aho babatwara.

Mu kiganiro na Mutuyimana Pascal umwe mu bagenzi bari bahagaze babuze imyanya bicaramo yatangaje ko bamaze iminsi bagenda bahagaze kuva iRubavu kugeraiKigali n’ikibazo nanone yagize ati”kuki nta yindi Agence yaza gukorera hano iRubavu dore  imwe yakinze imiryango ariko imodoka zakoraga nizo zigikora uretse ko itaranafunga wasangaga ari ikibazo kugira ngo ubone imodoka kuwa gatanu no kucyumweru haba ikigali haba iRubavu turababaye cyane abafite za Agence barebe uko babigenza”.

Iki kibazo  gikomeje kuba ingutu kuko na KBC imodoka zigenda buri saha mu gihe izindi Agence zihaguruka buri minota mirongo itatu gusa mugihe na Kigali Safaris yahagurukaga buri minota mirongo itatu bikaba byarateje icyuho kinini mu bagenzi.dore ko akarere ka Rubavu ari nyabagendwa gahuriramo abagenzi baturuka mu gihugu cya DRC hafi intara ya kivu y’amajyaruguru yose,hakaba hakorera Agence eshatu gusa arizo Belvedere Lines,Virunga Express,na KBC.
                             Maisha Patrick

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire